00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubuki bwongerewemo isukari bwahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 March 2021 saa 12:25
Yasuwe :

Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, Rwanda FDA, cyahagaritse ku isoko ry’u Rwanda ubuki bufite ikirango cya ‘HONEY HIVE’ cyasanze bwarahinduriwe umwimerere kuko bushyirwamo isukari.

Itangazo rihagarika ubu buki ryashyizwe umukono n’Umuyobozi wa Rwanda FDA, Dr Charles Karangwa.

Icyemezo cyo guhagarika no guhamagaza ubuki bwa ‘HONEY HIVE’ cyafashwe nyuma y’igenzura rya Rwanda FDA rishingiye ku mpungenge zatanzwe n’abaguzi bagaragaje ko butujuje ubuziranenge.

Iryo tangazo rikomeza rivuga ko “hashingiwe ku bisubizo bya laboratwari byagaragaje ko ubuki bwa HONEY HIVE bwahinduriwe umwimerere n’ababupfunyika ndetse mu bugenzuzi bwakozwe uwabutunganyaga kandi akabupfunyika yemeye ko yongeramo isukari.’’

HONEY HIVE ni ubuki buvanwa mu Ishyamba rya Nyungwe, ndetse urebeye ku birango biri ku gacupa bushyirwamo byerekana ko ari umwimerere utavangiye.

Rwanda FDA yasabye abakwirakwiza, amaguriro y’ibiribwa (supermarkets) n’abacuruzi badandaza ubuki guhagarika gukwirakwiza no kugurisha ubuki bwa HONEY HIVE ndetse bagasubiza ubuki bwose ku babubaranguje bitarenze iminsi 10.

Ikomeza iti “Ukora ubuki bupfunyitse bwa HONEY HIVE arasabwa kwakira ubuki azagarurirwa n’abo yagurishije kandi agatanga raporo yimbitse (igaragaza amazina y’abaranguye, nimero za telefoni n’ingano y;ubuki bwagaruwe) kuri Rwanda FDA.’’

Rwanda FDA yasabye abaturage bose guhagarika kugura ubuki bwa HONEY HIVE bwakuwe ku isoko.

Abakora n’abatunganya ubuki bupfunyitse basabwe kubanza kumenyekanisha aho bakorera n’ibicuruzwa byabo muri Rwanda FDA.

Iki kigo cya Rwanda FDA kandi cyaburiye abapfunyika n’abagurisha ubuki bwahinduriwe umwimerere kuko uzafatirwa muri ibyo bikorwa azabihanirwa bikomeye.

Ubuki bwa HONEY HIVE bwahagaritswe ku isoko ry'u Rwanda
Ubu buki bwasanzwe bwarongewemo isukari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages