00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubucuruzi bw’u Rwanda bwageze ku gaciro ka miliyoni 1.735$ muri Kanama

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré, Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 16 September 2025 saa 08:01
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyatangaje ko ubucuruzi bw’u Rwanda mu gihembwe cya kabiri bwageze kuri miliyoni 1.735,84$, mu gihe ibyo rwohereje mu mahanga byagabanyutseho 35,64% ugereranyije n’ibyo rwohereje mu gihembwe nk’iki mu 2024.

Ibicuruzwa byoherejwe mu mahanga biturutse mu Rwanda byageze kuri miliyoni 346.04$ mu gihe ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga byanganaga na miliyoni 1.247,39$ naho ibyo u Rwanda rwatumije hanze rukongera kubyohereza mu mahanga byanganaga na miliyoni 142,41$.

Raporo ya NISR igaragaza ko muri iki gihembwe cya kabiri ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byagabanyutseho 35,64% ugereranyije n’ibyo rwohereje mu gihembwe nk’iki mu 2024 kuko byo byanganaga na miliyoni 537,64$.

Ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga kandi byagabanyutseho 28,03% ugereranyije n’igihembwe cya mbere mu 2025.

Ibyatumijwe mu mahanga muri iki gihembwe cya 2025 byagabanyutseho 20,50% ugereranyije n’igihembwe nk’iki cya 2024, bigabanyukaho 9,55% ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2025.

Ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga rukongera kubyoherezayo byagabanyutseho 13,17% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2024 icyakora bizamukaho 5,19% ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2025.

NISR igaragaza ko ibicuruzwa byaje ku isonga mu gutumizwa mu mahanga byiganjemo imashini n’ibikoresho by’ubwikorezi byari bifite agaciro ka miliyoni 249,02$, ibiribwa n’amatungo bya miliyoni 224,67$, ibicuruzwa byo mu nganda bifite agaciro ka miliyoni 172,23$, ibikomoka kuri peteroli bya miliyoni imiti n’ibindi bifitanye isano na byo byatwaye arenga miliyoni 137,61$.

Ibihugu bitanu u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa birimo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Bushinwa, u Bubiligi na Luxembourg.

Ibyo bihugu byoherejwemo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 236,71$ bingana na 68,40% by’ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga.

Ni mu gihe RDC, Ethiopia, UAE, u Burundi n’u Budage ari byo bihugu bitanu bya mbere u Rwanda rwoherejemo ibyo rwari rwatumije mu mahanga.

RDC yihariye 94,55% by’ibicuruzwa u Rwanda rwatumije mu mahanga rukongera kubyoherezayo. Ibicuruzwa byinshi kurusha ibindi u Rwanda rwatumije mu mahanga rukongera kubyohereza mu bindi bihugu ni ibiribwa n’amatungo byari bifite agaciro ka miliyoni 51,62$ bigakurikirwa n’ibikomoka kuri peteroli, amavuta n’ibindi byari bifite agaciro ka miliyoni 31,94$.

U Bushinwa, Tanzania, u Buhinde na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ni byo bihugu biza ku isonga mu byo u Rwanda rukuramo ibicuruzwa byinshi.

U Rwanda kandi mu gukorana n’ibihugu byo muri EAC muri icyo gihembwe rwohereje ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 16,06$ mu bindi bihugu bigize uyu muryango bingana na 18,69% by’ubucuruzi hagati y’uwo muryango.

Muri byo 46% byoherejwe muri Uganda bifite agaciro ka miliyoni 7,49$, u Burundi bukaba bwaroherejwemo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 5,58$.

Muri rusange agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereje muri EAC kazamutseho 53,63% ugereranyije n’igihembwe nk’icyo mu 2024.

Ubucuruzi bw’u Rwanda bwageze ku gaciro ka miliyoni 1.735$ mu gihembwe cya kabiri cya 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages