00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwahaye Abanya-Gaza toni 20 z’ibiribwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 May 2025 saa 04:14
Yasuwe :

U Rwanda rwatanze toni 20 z’ibiribwa n’ibikoresho byifashishwa mu buvuzi ku baturage bo muri Gaza.

Ni ku nshuro ya gatatu u Rwanda rutanze inkunga ku banya-Palestine kuva mu 2023, kuko bwa mbere byari byakozwe mu Ukwakira, inshuro ya kabiri bikorwa mu Ugushyingo 2024.

Iyi nkunga yatanzwe binyuze mu Muryango w’abagiraneza, Jordan Hashemite Charity Organization. Yanyujijwe muri Jordanie, igihugu gihana imbibi na Palestine, kinacumbikiye benshi mu banya-Palestine.

Umwaka wa mbere u Rwanda rwari rwatanze toni 16 z’inkunga y’ibiribwa, ibinyobwa n’imiti. Indi nshuro hatanzwe toni 19 z’ibiribwa (birimo ibigenewe abana), imiti n’ibikoresho byo kwa muganga.

U Rwanda rwatanze inkunga igamije gufasha abaturage bo muri Gaza
Indege ya RwandAir itwara imizigo ni yo yagejeje iyi nkunga muri Jordanie

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages