00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda na Hongrie byinjiye mu bufatanye mu bya Siporo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 September 2025 saa 09:06
Yasuwe :

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Hongrie byasinye amasezerano y’ubufatanye mu bya siporo yashyiriweho umukoni i New York, ku wa 22 Nzeri 2025.

Minisitiriri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi wa Hongrie, Péter Szijjártó ni bo bashyize umukono kuri aya masezerano.

Ni intambwe itewe nyuma y’uko Minisitiri Nduhungirehe yaherukaga mu ruzinduko muri Hongrie ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire muri Gicurasi 2025.

Abayobozi bombi basuye ibice bitandukanye birimo n’imihanda iberamo amasiganwa y’imodoka nto za Formula 1. Iyi mihanda yatangiye gukinirwaho iri siganwa mu 1986.

Bagiye mu gikorwa cyo gutangiza ‘Tour de Hongrie’, irushanwa rikomeye ryo gusiganwa ku magare.

U Rwanda na Hongrie kandi byashimangiye ko ubufatanye bwabyo mu bya dipolomasi, gucunga umutungo kamere w’amazi, uburezi n’ishoramari bizakomeza kongerwamo imbaraga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages