00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Social Mula yagiye hanze y’u Rwanda mu myiteguro ya EP ari gukoraho

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 27 December 2021 saa 07:46
Yasuwe :

Social Mula umaze igihe ahagaze neza mu muziki w’u Rwanda, yamaze kwerekeza muri bihugu bya Kenya na Tanzania, aho yagiye mu bikorwa byo gutunganya Extended Play (EP) yitegura gushyira hanze mu minsi iri imbere.

Social Mula yahagurutse ku Kibuga cy’Indege i Kanombe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza.

IGIHE yahawe amakuru n’umwe mu baherekeje uyu muhanzi wavuze ko ashobora no kujya muri Nigeria.

Ati “Yagiye mu bikorwa bijyanye na EP ari gutegura ashaka kuzashyira hanze vuba. Yagiye muri Kenya, azahava ajya muri Tanzania ariko afite gahunda yo kuba yanajya muri Nigeria.”

Social Mula agiye gukorera EP hanze y’u Rwanda mu gihe muri uyu mwaka nta ndirimbo ye bwite yigeze akora, nyinshi zikaba izo yahuriyemo n’abandi bahanzi. Aheruka gushyira hanze indirimbo ye ubwo yakoraga iyitwa ‘Marigarita’.

Uyu mwaka yakoranye n’abandi bahanzi nka Papa Cyangwe mu ndirimbo bise ‘Bambe’, akorana na Don Brighter mu yitwa ‘Profile’ n’abandi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages