00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Umushumba yishe umuntu amukubise inkoni

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 20 February 2023 saa 11:41
Yasuwe :

Umushumba witwa Kana Eric wakoreraga mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, yakubise inkoni mu mutwe Ntezirindi Arapi w’imyaka 33 wari ugiye kumwiba ibigori mu murima arinda ahita apfa.

Uwo mushumba yishe uNtezirinda ahagana saa kumi z’urukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Gashyantare 2023.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabirasi, Mpirwa Migabo yabwiye IGIHE ko uwo mushumba yakubise uwari ugiye kumwiba inkoni mu mutwe ahita apfa.
Yagize ati “ Yari agiye kwiba ibigori, barwanye amukubita Inkoni ahita apfa.”

Yongeyeho ko uyu mushumba yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB anaboneraho gusaba abaturage gutanga amakuru no gushyikiriza uwafatiwe mu cyaha inzego zibishinzwe bakirinda kwihanira.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages