Byabereye mu Mudugudu wa Rwumvangoma, Akagari ka Giheke, Umurenge wa Giheke, Akarere ka Rusizi ku wa 27 Kanama 2025.
Saa sita z’ijoro ni bwo Nyirabavakure wari uryamanye muri iyi nzu n’abana be bane bumvise inzu yabo iri gushya basohoka bwangu ku bw’amahirwe ntihagira ubikomerekeramo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Ngamije Ildephonse, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka nta wayiburiyemo ubuzima icyakora ngo ibyarimo byose byahiriyemo.
Ati “Inkongi yangije ibifite agaciro ka miliyoni 4Frw. Nta muntu waburiyemo ubuzima, cyangwa ngo akomereke icyateye inkongi ntabwo kiramenyekana.”
Mu byahiriye muri iyo nzu harimo imyenda y’umugore n’iy’abana, ibikoresho by’ishuri, ibikoresho by’isuku n’ibikoresho byo mu gikoni.
Ibi byabaye mu gihe umugabo wo muri uru rugo yari amaze iminsi arutaye kubera amakimbirane, hagakekwa ko ari we ushobora kuba yayitwitse akoresheje lisansi.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ngo hamenyekanye icyateye iyi nkongi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!