00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Gitifu wavuzweho gusambanya umugore yabaye ahagaritswe

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 15 November 2024 saa 07:23
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangaje ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, yabaye ahagaritswe by’agateganyo kuko hari ibyo akurikiranyweho.

Byatangarijwe mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku biro by’Akarere ka Rusizi ku wa 14 Ugushyingo 2024.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’ibyumweru bibiri uyu muyobozi aketsweho gusambanya umugore w’abandi, inkuru ikaba kimomo ku mbuga nkoranyambaga.

Magingo aya Umurenge yari ayoboye uyobowe by’agateganyo n’umukozi w’umurenge ushinzwe imiyoborere (Admin).

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr. Anicet Kibiliga, yavuze ko impamvu uyu Murenge uyobowe n’umuyobozi w’agateganyo ari uko hari ibyo uwo gitifu akurikiranyweho.

Ati “Hariyo umuyobozi uyu munsi serivisi ziratangwa mu baturage ku buryo nta kibazo. Ikiba kigamijwe cya mbere, ni uko abaturage babona serivisi. Iyo abaturage babona serivisi nta bijujuta, ntekereza ko nta kibazo gihari mu Bugarama n’uhari na we aragaragara”.

Yakomeje agira ati “Hari ibyo ari gukurikiranwaho muri iyi minsi, ni yo mpamvu adahari. Ni ukuvuga ngo ikurikiranwaho nirirangira muzamubona aho ngaho cyangwa se bizaterwa n’icyo abari gukurikirana basanze, niba ibyo ari gukurikiranwaho bimuhama cyangwa bitamuhama”.

Nyuma y’iki kirego, umugore wavuzweho gusambana n’uyu muyobozi, yumvikanye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko we na gitifu batasambanye ko ahubwo ari akagambane kakorewe uyu muyobozi.

Ibiro by'Umurenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages