00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Gitifu uvugwaho gufungira abaturage mu kagari yatawe muri yombi

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 27 June 2025 saa 07:22
Yasuwe :

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, Banyangiriki Alphonse yatawe muri yombi nyuma y’aho hari abaturage bamaze iminsi bamushinja kubafungira mu biro by’akagari.

Ku wa 26 Kamena 2025 ni bwo amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu muyobozi yatangiye kuvugwa.

Ni mu gihe hari abaturage bo muri aka kagari bari baherutse kumushinja kubafungira mu biro y’akagari, bagaragaza ko abahora ubusa.

Uwari uherutse gufungwa yari yatemye igiti kigwira ubwatsi bw’urubingo, Banyangiriki ahita mufungira mu kagari.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yabwiye IGIHE ati “Yego, ari mu bugenzajyaha hari ibyo akekwaho agomba gusobanura”

Gitifu w’Akagari ka Kizura, Banyangiriki Alphonse afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Iguhugu rw’Ubugenzacyaha ya Muganza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages