00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Polisi yataye muri yombi abantu umunani bashinjwa ubujura

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 21 August 2025 saa 07:44
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, ku bufatanye n’abaturage yataye muri yombi abasore batandatu bakekwaho bakekwaho ibyaha bihungabanya umutekano, birimo n’ubujura bushukana.

Ni igikorwa cyabereye mu tugari twa Rutabo na Gisari, mu Murenge wa Kinazi, ho mu Karere ka Ruhango, ufatirwamo abasore batandatu bakekwaho ibyaha byo guhungabanya umutekano birimo ubujura bushukana no kwambura abagenzi ibyabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yabwiye IGIHE ko bafashwe bakekwaho kwiba imyaka y’abaturage kandi bakaba banakoresha ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Abafashwe banakekwaho kwiba imyaka, amatungo y’abaturage, ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge.”

CIP Kamanzi yakomeje avuga ko abafashwe bose ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Kinazi, na ho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) na rwo rukaba rwatangiye kubakoraho iperereza.

Yihanangirije abakirota guhungabanya umutekano w’abaturage kubireka bagakora ibibateza imbere kandi byubahirije amategeko.

Abafashwe ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kinazi, iherere mu Karere ka Ruhango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages