Umuyobozi w’Akarere, Habyarimana Gilbert, aherekejwe n’Ubuyobozi bw’inzego z’umutekano yahumurije abaturage abizeza ubufasha anabasaba kuzirika ibisenge.
Ati “Turabizeza ubufasha ndetse n’ubufatanye mu gusana izi nzu zasenywe n’ibi biza ariko turabibutsa kubaka inzu zikomeye kandi zikazirikwa ibisenge ndetse mugatera n’ibiti bifata umuyaga kugira ngo hakumirwe ibi biza n’ingaruka zabyo.”
Imirenge y’Akarere ka Rubavu ihana imbibi n’ikibaya cya Congo n’Ibirunga bya Nyiragongo na Kalisimbi ariyo Bugeshi, Busasamana na Cyanzarwe ikunze guhura n’ikibazo cy’imvura n’umuyaga ukomeye bita isata ukunze gusenya inzu.
Umuyaga wari uherutse gusenyera inzu 35 zo mu Murenge wa Cyanzarwe na 12 zo mu Murenge wa Busasamana. Zasenywe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuwa 26 Nzeri 2020, icyo gihe iyo miryango yahawe ubufasha bw’amabati 775.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!