00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDF yakoze impinduka ku mpuzankano zayo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 July 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, cyakoze impinduka ku mpuzankano yacyo, aho Ibendera ry’Igihugu ryambarwa ku maboko ryashyizwe mu mabara yijimye.

Ibi byatangiye kugaragara mu ntangiriro z’uku kwezi, ubwo bamwe mu basirikare ba RDF bagaragaye mu ruhame bari bambaye impuzankano iryo bendera rishya.

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga, yabwiye IGIHE ko impinduka zakozwe ku mpuzankano, zatewe nuko Ibendera ryari risanzwe riri mu mabara yerurutse cyane.

Ati "Ka kandi karabonaga cyane, aka karijimye, nta kindi. Impamvu ni ukuvanaho ariya mabara acyeye, nk’uko n’impuzankano twavuye ku mabara amwe tukajya ku yandi, kugira ngo ntabone cyane nk’uko yabonaga...Ubundi impuzankano ya gisirikare igomba kugira ’camouflage’."

Amabara ya camouflage ni amabara yihariye akoreshwa kugira ngo umuntu, inyamaswa, cyangwa ikintu kitagaragara neza aho giherereye, kibashe kwibumbira mu mabara y’ibidukikije bikigose. Ayo mabara akunze kujya mu myenda cyangwa ku bintu mu buryo buvanze kugira ngo bishobore guhisha icyo kintu.

Camouflage ifasha kwihisha cyangwa kutagaragara neza, cyane cyane mu gihe hari ibyago byo kugabwaho igitero cyangwa mu gihe cy’ubwirinzi.

Utudarapo two ku mpuzankano ya RDF ni uku tugaragara
Umugaba Mukuru w'Inkeragutabara, Maj Gen Alexis Kagame, ubwo yari i Nyagatare ubwo hatahwaga inzu 16 zubakiwe abaturage, yari yambaye impuzankano iriho idarapo rishya
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, ubwo yatahaga ivomo ryubakiwe abaturage i Kayonza yari yambaye impuzankano iriho idarapo rigaragara mu buryo bushya
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda mu mpuzankano iriho idarapo rishya
Idarapo ryari ku mpuzankano mbere ni uku ryagaragaraga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages