00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abasirikare 25 bakatiwe urwo gupfa bazira ‘guhunga umwanzi’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 July 2024 saa 09:42
Yasuwe :

Abasirikare 25 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinjwaga “guhunga umwanzi” mu gihe bari bahanganye n’abarwanyi b’umutwe wa M23, bakatiwe urwo gupfa.

Urwo rubanza rwabaye ku wa Gatatu tariki 3 Nyakanga 2024, rubera mu Rukiko rwa Gisirikare rwa Butembo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Rwaregwagamo abantu 31, barimo abasirikare 27 ndetse n’abagore bane ba bamwe muri bo.

Aba basirikare bashinjwaga ibyaha birimo “guhunga umwanzi”, guta intwaro z’intambara, kurenga ku mategeko ndetse n’ubujura, nk’uko Jules Muvweko, umunyamategeko wunganiraga umwe muri bo yabibwiye AFP.

Muvweko yakomeje avuga ko nyuma y’urubanza mu mizi, “abasirikare 25 barimo babiri bafite ipeti rya Captain, bakatiwe urwo gupfa.”

Uyu munyamategeko wavuze ko bagiye guhita bajuririra icyo cyemezo, yanavuze kko abagore bane baregwaga muri uru rubanza bo bagizwe abere nyuma yuko habuze ibimenyetso bibashinza.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yafashe uduce tumwe na tumwe harimo na Kanyabayonga, ifatwa nk’icyambu kigeza mu duce dukomeye tw’ubucuruzi twa Butembo na Beni.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages