00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Polisi y’u Rwanda yinjiye muri dosiye y’umwe mu bayigize ku bikorwa bye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 May 2024 saa 11:31
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yahamagaje umwe mu bayigize wari Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza, SP Eugene Musonera, kugira ngo akurikiranweho ibyo yaba yarakoze bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari amaze igihe gito ahawe izi nshingano, ari nabwo amakuru yagiye hanze ko ashobora kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yemereye IGIHE ko uyu mupolisi wayoboraga Polisi mu Karere ka Nyanza, yahamagajwe.

Ati “Hari amakuru twabonye mu minsi itari myinshi ko DPC w’Akarere ka Nyanza afite ibyo yakoze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni yo mpamvu yahamagajwe kugira ngo akurikiranwe.”

Bivugwa ko uyu mugabo akomoka mu Karere ka Nyanza, ndetse ngo abaharokokeye bari basanzwe bazi amakuru ye, uretse ko batari baherutse kumuca iryera kuko ataherukaga muri aka gace mu buryo buzwi.

Nyuma yo kumubona muri izi nshingano, nibwo bahise batanga amakuru yagejeje ku ihamagazwa rye.

Polisi y’u Rwanda yinjiye muri dosiye y’umwe mu bayigize ku bikorwa bye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages