00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Maduro yashinje Elon Musk gushora miliyari 1$ mu mugambi wo kumuhirika

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 15 October 2024 saa 04:30
Yasuwe :

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro yashinje umunyemari Elon Musk gushora arenga miliyari 1$ mu guteza intugunda, akaduruvayo n’ubugizi bwa nabi muri icyo gihugu cyo muri Amerika y’Amajyepfo, hagamijwe gukora Coup d’État.

Ni ibikorwa Maduro yavuze ko Musk yakoze nyuma y’aho hatangajwe ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye muri Nyakanga 2024.

Muri uko kwezi Komisiyo y’Amatora muri Venezuela yatangaje ko Nicolas Maduro uyobora iki gihugu kuva mu 2013 yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 51,2%, ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo zabiteye utwatsi zikavuga ko ahubwo yibye amajwi Edmundo Gonzalez bari bahanganye.

Maduro yagize ati “Mfite amakuru yuzuye ko Musk yakoresheje arenga miliyari 1$ mu bikorwa byo guhirika ubutegetsi, binyuze mu gutera inkunga ibikorwa by’icengezamatwara rigamije ubugizi bwa nabi.”

Maduro yavuze ko umugore w’uyu munyemari batavuga rumwe witwa Maria Corina Machado ari we wakwirakwizaga iyo nkunga ya Musk ku matsinda yagiraga uruhare mu bugizi bwa nabi.

Perezida Maduro yanashinje Amerika kuba inyuma y’ibyo bikorwa byo kumukura ku butegetsi amazeho imyaka 11.

Musk utajya imbizi na Maduro ubwo ibyavuye mu matora yo muri Venezuela byatangazwaga, uyu munyemari yavuze ko uyu mugabo w’imyaka 61 yibye amajwi mu gihe Maduro na we yita Musk umwanzi ugenzura ibijyanye n’ikoranabuhanga akoresheje imbuga nkoranyambaga.

Mu myaka myinshi ishize Amerika n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi ntibyahwemye kugaragaza ko byemera Juan Guaido utavuga rumwe na Maduro nk’umuyobozi wa nyawe wa Venezuela.

Ni mu gihe Musk we yakunze kugaragaza ko azagira uruhare mu gukuraho abakuru b’ibihugu babangamira ishoramari rye.

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro yashinje Musk gushora miliyari 1$ mu kumuhirika ku butegetsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages