Uyu musangiro wateguwe na Visi Perezida w’Umuryango Susan Thompson Buffett Foundation ushinzwe ibikorwa mpuzamahanga, Prof. Senait Fisseha. Witabiriwe n’abandi barimo abafatanyabikorwa mu by’ubuzima bo mu karere na Afurika.
Nk’uko byasobanuwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa 4 Mata 2025, Perezida Kagame n’abandi bitabiriye iki gikorwa, baganiriye ku kamaro ko kubaka inzego z’ubuzima zihamye, binyuze mu kwishakamo ubushobozi n’ubufatanye bufitiye inyungu buri wese.
Byagize biti "Muri uku guhura, baganiriye ku kamaro ko kubaka inzego z’ubuzima z’ibihugu zihamye binyuze mu kwishakamo amafaranga no mu bufatanye bufitiye inyungu impande zose.”
Iki gikorwa kibayeho nyuma y’aho ku wa 3 Mata Perezida Kagame atangije ku mugaragaro inama yiga ku buryo ubwenge buhangano bwabyazwa umusaruro ku mugabane wa Afurika.
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko ubwenge buhangano buri kugira uruhare runini mu guhanga udushya no kwihutisha iterambere. Yasabye ibihugu bya Afurika kubukoresha kugira ngo bishobore guhatana n’ibyo ku yindi migabane.
Perezida Faure Essozimna Gnassingbé wa Togo ari mu bitabiriye iyi nama. Yagaragaje ko mu guhitamo ahazaza heza ha Afurika, ubwenge buhangano bukwiye gukoreshwa cyane mu nzego zirimo ubuzima, uburezi n’ubuhinzi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!