Umuryango Morgridge Family Foundation washinzwe mu 2008 ufite icyicaro i Denver muri Colorado muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, wibanda cyane ku bikorwa bigamije gukemura ibibazo runaka bihari.
Porogaramu z’uyu muryango harimo no gufasha abanyeshuri hagamijwe kububakira ubushobozi no kubatoza gukora ibikorwa by’ubugiraneza mu gihe kizaza kuko bazaba barakuranye umuco wo gutanga no gusubiza amaso inyuma aho baturutse.
Kuri uyu wa Gatatu, itsinda rya Morgridge Family Foundation ryasuye Bridge2Rwanda, ikigo gitegura abanyeshuri kikanabashakira ibigo by’icyitegererezo bakwigamo hirya no hino ku Isi.
Bakigera mu Rwanda basuye igikoni cy’Umuryango udaharanira inyungu wita ku barwayi, Solid’Africa, washinzwe hagamijwe ibikorwa by’urukundo. Washinzwe na Isabelle Kamaliza, aho mu bikorwa byawo wibanda ku kugemurira abarwayi baba mu bitaro badafite kirengera.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!