00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yaganiriye na Rob Walton wahoze ayobora Walmart

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 August 2022 saa 09:24
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Rob Walton wahoze ari Perezida wa wa sosiyete y’ubucuruzi Walmart akaba na nyir’ikipe ya Denver Broncos. Ari mu ruzinduko mu Rwanda aho azasura Pariki y’Igihugu y’Akagera n’iya Nyungwe mu rwego rw’imikoranire na African Parks.

Rob Walton ni umwe mu banyamuryango b’icyubahiro b’Umuryango African Parks ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima. Uyu muryango niwo ucunga Pariki y’Akagera na Pariki ya Nyungwe.

Perezida Kagame ahuye na Rob Walton nyuma yo guhura n’Igikomangoma Harry, uyobora umuryango African Parks.

Rob Walton asanzwe ari umwe mu bagize Komite ishinzwe kwita ku bidukikije mu muryango yashinze Walton Family Foundation. Ni umwe mu batanze ubufasha bw’ingirakamaro mu guteza imbere pariki y’Akagera nkuko African Parks ibitangaza.

Perezida Kagame na Rob Walton baganiriye ku kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima
Perezida Kagame ubwo yakiraga Rob Walton

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages