00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yabonanye na mugenzi we wa Barbados

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 April 2022 saa 06:04
Yasuwe :

Perezida Kagame uri mu ruzinduko muri Barbados, yabonanye na mugenzi we w’iki gihugu Sandra Mason.

Ntabwo higeze hatangazwa ibyo aba bayobozi bombi baganiriye.

Sandra Mason ni we Perezida wa Mbere wa Barbados kuva iki gihugu cyaba Repubulika. Yatangiye inshingano ku wa 30 Ugushyingo 2021, ubwo igihugu cye cyatangaza ko cyiyomoye k’u Bwongereza.

Mu 2020, Barbados yakuriyeho Visa Abanyarwanda bashaka kuyigenderera. Iri kandi mu Muryango wa Commonwealth aho byitezwe ko abayobozi bayo bazaba bari i Kigali muri Nyakanga mu nama ya CHOGM.

Perezida Kagame yahuye na Sandra Mason uyobora Barbados

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages