00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Bahangayikishijwe n’ababashikuza telefone n’amasakoshi bakihisha muri ruhurura

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 14 March 2021 saa 02:45
Yasuwe :

Abaturage batandukanye bakunze kunyura mu nzira iri hafi y’ahahoze Gereza ya 1930 mu Karere ka Nyarugenge, baravuga ko batewe impungenge n’abajura babategera mu nzira bakabambura telefone n’amasakoshi bagahita basimbukira muri ruhurura inyuramo amazi aturuka mu ruganda rwa Sulfo iri muri ako gace.

Abanyura muri iyi nzira, bemeza ko nta minsi ibiri ishobora gushira hatagize umuturage wamburirwa muri aka gace.

Ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, aba bajura bajijishije umushoferi wari uhagaze ku cyapa cy’aho imodoka zitwara abagenzi zihagarara bamushikuza telefone ye yari arimo kuvugiraho, bahita basimbukira muri iyo ruhurura ababura uko.

Uwitwa Byukusenge Patrick, yabwiye IGIHE, ko yiboneye uburyo aba bajura bajijishije uyu mushoferi kugeza bamushikuje telefone yari arimo kuvugiraho.

Ati “ Abajura b’aha basigaye barabaye benshi. Babonye umushoferi aparitse niba hari uwo yari ategereje, bahita batangira kumujijishaho azubayeho gato bahita bamushikuza telefone basimbukira muri iyi ruhurura abura uko abakurikira kuko na we uri kwirebera uburyo irimo ubunyereri.”

Yongeyeho ko iki kibazo cy’aba bajura cyakemurwa n’uko aha hantu hashyirwa umuntu ushinzwe umutekano cyangwa hakajya hanyura Polisi cyane inshuro nyinshi.
Mukayisenga Olive na we yavuze ko bigeze kuhamwibira isakoshi bamukebesheje urwembe.

Ati “ Keretse hagize uwo barasa nibwo bahacika, uzi ko njye ntashobora guca aha mvugira kuri telefone? Nigeze kuhanyura Samsung yanjye barayinshikuza babanje kunkebesha urwembe. None se ntibyabaye ngombwa ko mbanza kujya kwivuza kubera ukuntu bari bankomerekeje intoki?”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Ferry Bahizi, yabwiye IGIHE ko iki kibazo batari bakizi ariko bagiye kugikurikirana kugira ngo gikemuke.

Ati “ Ntabwo tuzi niba hari ikibazo gikomeye ku buryo batangira gutabaza itangazamakuru ariko aho kimenyewe tugiye kugerageza kugikemura kuko abapolisi barahari, tugiye kuhibanda kugira ngo gikemuke.”

Si ubwa mbere abaturage bagaragaje ikibazo cy’uko babangamirwa n’abajura babambura bagahita bihisha muri za ruhurura kuko hari n’abagaragaje iki kibazo batuye mu Biryogo hafi yo kwa Nyiranuma ariko Polisi n’inzego z’ibanze bakaza kugikemura bahashyira abashinzwe umutekano.

Aha bari bamaze kwambura umushoferi telefone
Muri iyi ruhurura niho abajura basimbukira nyuma yo gushikuza amatelefone n'amasakoshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages