00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Abanyeshuri bakomoka mu miryango itishoboye bahawe inkunga y’ibikoresho by’ishuri

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 15 January 2019 saa 08:21
Yasuwe :

Abanyeshuri 30 bo mu kagari ka Runga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, bakomoka mu miryango itishoboye bahawe ibikoresho by’ishuri batangirwa n’amafaraga y’ifunguro rya saa sita kugira bige neza nta mbogamizi.

Ni igikorwa cyakozwe na SALTEL Foundation, umuryango usanzwe ukora ibikorwa byo gufasha abantu mu bijyanye n’uburezi.

Kuri iyi nshuro wafashije abana 30 biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bo mu Kagari ka Runga, bakomoka mu miryango ibarizwa mu cyiciro cya mbere n’icyakabiri by’ubudehe.

Buri umwe yahawe amakayi 15, amakaramu atanu, imyambaro y’ishuri ibiri n’amafaranga yo kurya saa sita ku ishuri.

Umuyobozi Mukuru wa SALTEL, Byiringiro François Régis, yavuze ko bahisemo gufasha abana batishoboye kwiga neza nta mbogamizi kuko bizabagirira akamaro mu gihe kizaza.

Ati “Dusanzwe dukunda ibigendanye n’uburezi; byatumye dutekereza kubafasha kugira ngo bige neza kandi turabizi ko abana nk’abo ari bo maboko y’igihugu cyacu kandi nibo Rwanda rw’ejo.”

Bamwe mu babyeyi bafite abana bahawe ibikoresho by’ishuri bavuze ko bari basanzwe bagorwa no kubibona bigatuma rimwe na rimwe bava mu ishuri cyangwa bakiga nabi.

Mukankamiye Naome ati “Mfite abana batatu biga ariko uwiga muri mashuri yisumbuye ni we ungora cyane kuko yabwirirwaga; simbasha kubona mafaranga yo kumwishyurira ifunguro. Ubu ndishimye cyane kuko agiye kujya yiga neza adashonje kandi afite ibikoresho.”

Kankunzi Appolinarie na we yavuze ko yagorwaga no kubonera abana be ibikoresho by’ishuri kubera ko akennye kandi akaba ageze mu za bukuru.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Runga, Nsengimana Gilbert, yavuze ko kuba abana bahawe ibikoresho bafashwa no kubona ifunguro rya saa sita bizabarinda kongera guta ishuri.

Ati “Hari abavaga mu ishuri bakatubwira ko babiterwe no kubwirirwa abandi bakavuga ko ari ukubera kubura ibikoresho. Nk’uyu mwaka ushize twagaruye mu ishuri abana bagera kuri 20 bari barataye ishuri kubera ibyo bibazo.”

Ubuyobozi bwa SALTEL buvuga ko abo bana 30 bafashijwe buzakomeza kubakurikirana kugeza igihe baziga bakarangiza amashuri yisumbuye.

Ibikoresho abo bana hahawe n’amafaranga batangiwe yose mu gihembwe kimwe asaga ibihumbi 900.

Abana bahawe ibikoresho n'ababyeyi babo babanje kuganirizwa basabwa gukunda ishuri no guharanira kuzagira ejo hazaza heza
Abanyeshuri bavuze ko batazongera kuva mu ishuri kuko imbogamizi bahuraga nazo bazikuriweho
Abayobozi babanje kuganiriza ababyeyi n'abana babo babibutsa ko ishuri ari urufunguzo rw'ubuzima
Akanyamuneza kari kose ku babyeyi bafite abana bahawe ibikoresho by'ishuri
Bamwe mu banyeshuri bazanye n'ababyeyi babo gufata ibikoresho by'ishuri bahawe nk'inkunga izabafasha kwiga neza
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Runga, Nsengimana Gilbert, yavuze ko hari abana bataga ishuri kubera kubura ibikoresho by'ishuri
Umuryango SALTEL Foundation, usanzwe ukora ibikorwa byo gufasha abantu mu bijyanye n’uburezi
Umuyobozi Mukuru wa SALTEL, Byiringiro François Régis, ashyikiriza umwe mu banyeshuri ibikoresho by'ishuri
Umuyobozi Mukuru wa SALTEL, Byiringiro François Régis

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages