Ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba wo ku wa Kane tariki ya 16 Gashyantare 2023 nibwo uyu mugabo usanzwe ukorera irondo mu Murenge wa Rwezamenyo, yakubiswe na bagenzi be.
Byabereye ahitwa muri Karabaye mu Kagari ka Munanira ya I mu Murenge wa Nyakabanda.
Abatangabuhamya babwiye IGIHE, ko uyu mugabo yakubiswe nyuma yo kutumvikana na bagenzi be aho bamushinjaga ko hari amafaranga banywereye atari yishyura.
Habiyambere Juvenal yagize ati “ Twashidutse tubona batangiye kumutimbagura abandi bamukubita ibipfunsi n’imigeri aryamye hasi ariko bose byagaragaraga ko bari bahaze icupa”
Irakoze Bosco, we yagize ati “Nabonye bamukubita umutego agwa hasi ariko sinamenye icyo bapfa uretse ko ababibonye numvaga bavuga ko yakubiswe n’abagenzi be biriwe basangira inzoga yitwa Umuneza.”
Uyu mugabo wakubiswe yabwiye IGIHE ko yazize ubusa kuko inzoga bamushinje kutishyura yazishyuye.
Kubera gukubitwa akazahara, abaturage bahise bahamagaza imodoka y’umutekano y’umurenge wa Nyakabanda iramujyana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Munanira ya II, Jackson Siboman yavuze ko abakoze uru rugomo bose bahise batabwa muri yombi.
Yasabye abaturage gutanga amakuru y’abakekwaho kuba abajura cyangwa se bateza umutekano muke muri aka gace kugira ngo nabo bafatwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!