00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngoma: Abantu 20 bakomerekeye mu mpanuka y’ubwanikiro bw’ibigori

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 20 February 2023 saa 10:13
Yasuwe :

Abaturage 20 bo mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rukumberi bakomeretse nyuma y’aho ubwanikiro bw’ibigori bubagwiriye.

Ubu bwanikiro bwaguye ku Cyumweru tariki ya 19 Gashyantare 2023 mu Mudugudu wa Ntovi mu Kagari ka Ntovi mu Murenge wa Rukumberi.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yabwiye IGIHE ko ubu bwanikiro bwaguye ku ku Cyumweru, bugwira bamwe mu baturage bari bagiye kuhanika ibigori ariko ku bw’amahirwe nta muturage wahapfiriye.

Yagize ati “Iyi mpanuka yatewe n’ubwanikiro bwagwiriye abaturage ubwo batunganyaga umusaruro w’ubuhinzi. Hakomeretse abantu 20, barimo 16 bakomeretse byoroheje baranatashye, bane baracyari gukurikiranwa kwa muganga.”

Meya Niyonagira yakomeje avuga ko hari ababishinzwe bari gukora ubugenzuzi bw’ubwanikiro kugira ngo ubutujuje ibisabwa buhagarikwe kwanikwaho.

Iyi mpanuka ibaye ikurikira indi yo kuwa wa Gatanu tariki 3 Gashyantare 2023 ubwo abantu 10 bapfaga naho 36 bagakomereka, bagwiriwe n’ubwanikiro bw’ibigori buherereye mu Kagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages