00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Netanyahu yasabiwe kwegura

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 25 April 2024 saa 11:11
Yasuwe :

Nancy Pelosi wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite muri Amerika, yavuze ko ashingiye ku bwegure buheruka bw’uwari ukuriye ubutasi muri Israel, na Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, akwiye kwegura ku kuyobora Israel kuko yabaye inzitizi ku mahoro muri Gaza kuva mu myaka myinshi ishize.

Ibi Pelosi yabitangarije kuri Radio yo muri Irlande yitwa RTE ubwo yari mu ruzinduko yagiriye muri iki gihugu, aho yavuze ko Maj Gen Aharon Haliva wari ukuriye ubutasi muri Israel yeguye ku bwo kunanirwa kuburizamo igitero cya Hamas cyatangije intambara.

Yavuze ko Israel ifite uburenganzira bwo kwirwanaho ariko ko icyo atemara ari uburyo Netanyahu akoresha.

Ubwo yari abajijwe niba abona Netanyahu nk’inzitizi ku mahoro, Pelosi yavuze ko ahubwo kuva mu myaka myinshi ishize atajya amenya niba Minisitiri w’Intebe wa Israel atinya amahoro, adashoboye kuyabungabunga cyangwa se niba atayashaka.

Gusa nubwo Nancy Pelosi yatangaje ibi, ari mu itsinda ry’abandi 30 bagize Inteko ya Amerika bemeje mu Cyumweru gishize itegeko ryo gutanga inkunga ya miliyari 95$ harimo miliyari 26$ zigenewe Israel iri mu ntambara.

Nancy Pelosi yavuze ko Benjamin Netanyahu akwiye kwegura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages