00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Umwana w’imyaka 14 yatemye Se amuziza guhohotera Nyina

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 25 April 2023 saa 02:32
Yasuwe :

Umwana w’Imyaka 14 wo mu Karere ka Musanze, yatemye Se mu mutwe amukomeretsa mu buryo bukomeye amuziza guhohotera Nyina.

Uwatemwe yitwa Manishimwe Alexis mu gihe uwo ashinjwa guhohotera yitwa Mujawamariya Chantal. Byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 24 Mata 2023, mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve.

Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mugabo w’imyaka 40 yarwanye n’umugore we amukubita hasi maze uwo mwana wabo arabakiza ahita yambura se umuhoro awumutemesha mu mutwe no ku maboko.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Migeshi, Ishimwe Justin, yabwiye IGIHE ko uyu mwana akimara gutema Se yahise atoroka.

Yagize ati “Byabaye ahagana saa Yine n’igice z’ijoro igihe uwo mugabo yasanze mu rugo umugore we ariko ngo ashobora kuba yari yanyoye inzoga batangira guterana amagambo ni bwo yahise atangira kumukubita. Rero ubwo yamukubitaga hasi uwo mwana w’imyaka 14 yahise aza arabakiza yambura se umuhoro arawumutemesha ahita atoroka.”

Yongeyeho ko uyu muryango usanzwe urangwamo amakimbirane ndetse Manishimwe hari igihe yigeze gufungwa amezi atandatu azizwa gukubita no gukomeretsa umugore we.

Yakomeje avuga ko uyu mwana agishakishwa, aboneraho kugira inama imiryango ifitanye amakimbirane kujya ibimenyesha inzego z’ubuyobozi kugira ngo ziyifashe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages