Uyu muhango wabereye mu Rwunge rw’Amashuri rwa Muhoza II aho witabiriwe na Meya wa Musanze n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhoza, kugira ngo birebere uko hari bwubahirizwe amabwiriza ya Covid-19. Nubwo atari Abayisilamu, bari bambaye imyenda y’Abayisimu.
Abayisilamu bose basenze wasangaga hagati yabo bahasize umwanya wa metero mu kubahiriza amabwiriza.
Mu butumwa bwatanzwe na Mufti w’u Rwanda wungirije, Sheikh Nshimiyimana Saleh, yasabye Abanya-Musanze, yabasabye gukomeza kwibombarika ku Imana birinda kwishora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, bakanubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Meya wa Musanze yihanganishije Abayisilamu babujijwe gusenga kubera ko umubare w’abantu 400 bari bagenwe ko bagomba guhurira muri icyo kigo cy’ishuri wari wuzuye.
Eid al-Fitr ni ijambo risobanuye uguhimbaza guhagarika kwiyiriza. Ni umunsi uba ku mpera y’igisibo gitagatifu cya Ramadan, ukwezi ko gusenga no kwiyiriza.
Ku Ilayidi Abayisilamu benshi bajya mu isengesho rya kare mu gitondo, kuri bo ni umugenzo kwambara imyenda mishya, kurya ibiryo biryoshye no gusubiramo isengesho ryitwa takbeer. Mbere y’isengesho ry’Ilayidi, Abasilamu basabwa gutanga imfashanyo yitwa zakaat al fitr yo gufasha abakene.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!