Minisitiri Nduhungirehe yatangiye uruzinduko rwe ku wa Kane tariki ya 14 Kanama 2025, aho yitabiriye inama izahuriza hamwe abayobozi muri Guverinoma, abacuruzi ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ku wa 15 Kanama 2025 ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yatangaje ko Minisitiri Nduhungirehe yahuriye n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’amahanga n’Ubucuruzi, Hon. Matt Thistlethwaite, i Adelaide muri Australia.
Mu biganiro bagiranye, bagarutse ku ngingo zirebana n’inyungu rusange, zirimo ubucuruzi n’ishoramari hagati y’u Rwanda na Australia.
Australian Leadership Retreat, ni inama yo ku rwego rwo hejuru ihuriza hamwe abayobozi bo mu nzego za Leta, abikorera n’imiryango itari iya Leta yahawe insanganyamatsiko igira iti “Ishoramari rihuriweho kandi rihamye.”
Uruzinduko rwa Minisitiri Nduhungirehe rukazarangira ku wa 17 Kanama 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!