Mu Nama yateguwe n’Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya Ibyorezo, Africa CDC, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko hari byinshi byagezweho mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo.
Yagize ati "Twizera ko ibikorwa by’ikingira byagize uruhare runini [mu kugabanya ubwandu] bwa Marburg. Twizera kandi ko imirimo iri gukorwa iri gufasha mu kubona abanduye iyi ndwara bose ndetse n’abo bahuye."
Yahereye kuri ibi, avuga ko ibimenyetso byerekana ko ibintu biri kugaba aheza, ari "Mu gihe gito, tuzaba tutagifite abantu bashya bandura iyi ndwara cyangwa abicwa nayo mu minsi myinshi."
Uyu muyobozi yongeyeho ko muri rusange, ibimenyetso byose bitanga icyizere, ati "Muri rusange, ibimenyetso biratanga icyizere [cyo guhashya iyi ndwara, ni ibimenyetso byiza yaba ku bandura bashya bagabanutse bigaragara, ndetse n’abicwa n’iyi ndwara nabo bagabanutse bifatika."
Yongeye gutanga icyizere ku rukingo rwagize uruhare mu kugabanya ubukana bw’iyi ndwara.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!