00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MINEDUC yagaragaje impamvu isomo rya mudasobwa ryakuwe mu mashami yo mu mashuri yisumbuye

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 20 July 2025 saa 10:50
Yasuwe :

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yagaragaje ko mu mavugurura mashya aherutse gutangazwa muri uru rwego, isomo rijyanye no kwiga mudasobwa (computer science) ryakuwe mu mashami yigwa mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, ariko rikazajya ryigwa mu mashuri yihariye ku babyifuza.

Mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyo ku wa 20 Nyakanga 2025, Minisitiri Nsengimana yabajijiwe impamvu mu mavugurura yabaye ku mashami yigishwaga mu mashuri yisumbuye, nta hantu hari ishami ryigisha mudasobwa (computer science).

Uyu muyobozi yasobanuye ko mu nteganyanyigisho ivuguruye, ibijyanye na mudasobwa bizajya byigwa gusa mu isomo rihuriza hamwe ubumenyi mu by’ikoranabuhanga (ICT) rizajya ryigwa mu mashuri yose, aho kuba ishami runaka.

Ati "Twashyizeho ICT bose bigiramo ibijyanye n’ikoranabuhanga bakarigiraho ubumenyi. Ariko nko mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro yo bazakomeza kubyiga nko muri ‘Rwanda Coding Academy’. Aba biga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye bazajya biga bagire ubumenyi bw’ibanze ku birimo na mudasobwa, bubategura kuba bazayikomeza muri kaminuza."

Yongeyeho ko mu mashuri yisumbuye, ubu isomo rya mudasobwa nk’ishami rizaba ryigirwa gusa mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro no muri kaminuza nk’uko bisanzwe.

Ati “Mu mashuri yisumbuye, ushaka kwiga mudasobwa azajya ajya mu mashuri ya ‘coding,’ tuzayongera abe menshi, mu gihe ari byo bahisemo kwiga.”

Abize amasomo ya siyansi bazajya biga ubumenyi bw’ibanze kuri mudasobwa ku buryo abakeneye gukomeza kuyiga nk’ishami muri kaminuza bazabasha kubikora nta nkomyi.

Ministiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje impamvu isomo rya mudasobwa ryakuwe mu mashami yo mu mashuri yisumbuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages