00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

LABOPHAR yinjiye mu mikoranire na Philex yo muri Qatar

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 18 August 2025 saa 04:35
Yasuwe :

Uruganda rw’Imiti ruzwi nka LABOPHAR rukorera mu Rwanda, mu Karere ka Huye, rwinjiye mu mikoranire n’Ikigo Philex gikora imiti n’ibikoresho byo kwa muganga cyo muri Qatar, muri gahunda yo kwagura ibikorwa no kugeza imiti itandukanye mu Rwanda.

Ni amasezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar, ku wa 17 Kanama 2025, ashyirwaho umukono n’umuyobozi Mukuru wa LABOPHAR, Gatete Pascal ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru ku ruhande rwa Philex, Waseem Hamad.

Ni amasezarano u Rwanda rufata nk’intambwe ikomeye mu kuzamura serivisi z’ubuzima ndetse n’ubufatanye muri uru rwego hagati y’u Rwanda na Qatar nyuma y’uko basanzwe bafatanya muri byinshi birimo ibikorwaremezo, ubwikorezi n’ibindi.

Ibi bibaye mu gihe LABOPHAR yari yatangiye ibikorwa byo kwagura no kunagura imikorere yayo, imirimo yashowemo asaga miliyari 27 Frw.

Umuyobozi wa LABOPHAR, Gatete Pascal aherutse kubwira IGIHE ko mu mikorere mishya yabo, bazaziba icyuho mu miti imwe n’imwe yatumizwaga mu mahanga, bagahaza isoko ry’u Rwanda na Afurika.

Yavuze ko mu miti bazakora harimo iy’amazi izwi nka ‘syrops’ ikunze guhabwa abana, imiti y’uruhu, ibinini n’indi.

Mu gusubukura imikorere, ku ikubitiro bahereye ku miti ya cancer yihutirwaga cyane, aho kuva muri Nyakanga 2025, uru ruganda rwatangiye gukora imiti ifasha mu kugabanya ububabare bwa cancer izwi na ‘morphine’, mu gihe gahunda yo gukora imiti mu buryo bwagutse, yo izatangira mu Ukuboza 2025, bikazanakomeza hongerwamo indi mu 2026.

LABOPHAR, ni Uruganda Nyarwanda rwubatswe mu 1983, mu Mujyi wa Huye, mu marembo ya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ndetse rukaba ruhana imbibi na NIRDA.

Uru ruganda rwakunze kugira ibizazane mu mikorere ndetse ruza guhagarara, ariko Leta irwegurira abikorera mu 2024.

Rwongeye kubura ibikorwa byarwo mu 2025, aho rwitezweho guteza imbere urwego rw’imiti imbere mu gihugu no mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Amasezerano yasinywe na Gatete Pascal uyobora LABOPHAR na Waseem Hamad, ukuriye Philex
LABOPHAR isanzwe imenyerewe mu gukora imiti mu Rwanda nubwo yari imaze igihe idakora
Iki gikorwa cyari cyitabiriwe kandi n'ubuyobozi bwa RMS ndetse n'ubwa Ambasade y'u Rwanda muri Qatar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages