00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuva mu nsengero kugera i Matimba! Uko ab’i Kigali binjiye mu 2022 (Amafoto na Video)

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 1 January 2022 saa 06:03
Yasuwe :

Ku bemera Bibiliya, bazi amagambo Intumwa Pawulo yandikiye Abatesalonike avuga ko ‘mu byiza no mu bibi’ mukwiriye ‘guhora mushima’. Ni wo muvuno Abanya-Kigali bafashe kugira ngo ubuzima bugende neza muri ibi bihe Isi yugarijwe na Covid-19.

Mu gihe ingamba zo kwirinda Covid-19 zatumye benshi basoza umwaka bakunje isura, umunsi wa mbere wa 2022 byari ibyishimo ku baramutse amahoro hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 1 Mutarama 2022, abantu bari urujya n’uruza mu Mujyi wa Kigali ku buryo ubona ko nubwo ari igihe cy’umunsi mukuru wo gutangira umwaka bitabakomye mu nkokora haba ku bishimisha n’abashakisha ubuzima.

Bamwe baramukiye mu nsengero na Kiliziya bagiye kwiyambaza Imana ngo izabafashe mu mwaka batangiye, abandi na bo bazindukiye muri Gare ya Nyabugogo bajya gusura imiryango yabo mu ntara mu gihe abandi na bo bari mu mirimo isanzwe.

Ahagana saa Moya za mu gitondo, mu Mujyi wa Kigali rwagati mu gace gasanzwemo urujya n’uruza, nta bantu bari bahari ariko byagiye kugera Saa Tatu batangiye kuhagera, baje mu mirimo ndetse no guhaha iby’umunsi mukuru.

I Nyabugogo wahasangaga uruvunganzoka rw’abantu bashaka amatike aberekeza hirya no hino mu gihugu n’ubwo iri kubona umugabo igasiba undi, i Nyamirambo nk’ibisanzwe uri guhura n’abantu banezerewe ubona ko batangiye umwaka neza.

IGIHE yatembereye mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali turimo Nyabugogo, Nyamirambo n’ahandi, ireba uko abantu baramutse mu mwaka mushya.

Abaturage bavuze ko umwaka wa 2021 utari woroshye ariko bashima Imana ko bawusoje amahoro.

Gashirabake Jean Pierre ukora amaradiyo na telefone i Nyamirambo, yazindukiye mu kazi mu gihe abandi bari bari kujya gusenga, abandi bajya kwinezeza.

Yavuze ko umwaka wa 2021 waranzwe n’ubukene kuri we ariko ubu agiye gukora iyo bwabaga ngo yizamure.

Ati “Umwaka washize nta kintu wigeze unsigira bwari ubukene gusa, ubu ndi gushaka amafaranga hano ayo mbonye nkareba uko nayitezamo imbere n’umuryango wanjye.”

Ufitinema Yezu ucuruza udupfukamunwa mu Mujyi wa Kigali rwagati, yavuze ko 2021 yamubereye ibihombo biturutse kuri Covid-19, gusa afite intego zo gukora cyane uyu mwaka.

Ati “Uriya mwaka wambereye uw’ibihombo byinshi, byari bikomeye kubera ko iyo haje guma mu rugo, ibintu byose birahagarara kandi si ibintu wateganyirije usanga bigoye mu buzima bwa Kigali.”

Nyuma y’ibihe bitari byoroshye bamwe baravuga ko bishimira ko byibuze barangije umwaka ari bazima kandi biteguye ko uwa 2022 uzababera mwiza nta nkomyi.

Batezimana Jérôme yaramukiye kuri Paruwasi St Famille kwiyambaza Imana nk’umukristu kugira ngo umwaka we uzagende neza.

Ati “Abantu bizihiza umwaka bitandukanye njye navutse nemera Imana kandi ndayikunda. Naje gusanga kugira ngo umwaka wanjye nywutangirire mu rusengero nshima Imana ibyo yengejejeho.”

Ku ruhande rw’abari gukora ingendo, abaramukiye muri Gare ya Nyabugogo binubiye kubura imodoka zibageza aho bajya.

Maniraho Béatrice yari aturutse mu Karere ka Gakenke yerekeza muri Ngororero. Kuva saa Mbili za mu gitondo kugera Saa Tanu yari ari gushaka itike yayibuze.

Nubwo abantu basoje umwaka mu bihe bitoroshye kuko Covid-19 yongeye kuzamura umutwe, bose ibyiringiro byabo biri ku nkingo, bavuga ko kuba umubare mwinshi warakingiwe hamwe no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo, bizeye kukinesha.

Abacururiza muri Nyabugogo bakomeje imirimo bisanzwe
Abakirisitu bari babucyereye
Abakirisitu basengera muri Paruwasi ya St Famille bazindutse kare cyane biragiza Imana
Abakirisitu bo muri ADEPR Paruwasi ya Nyarugenge bazindutse biragiza Imana
Abamotari bari babukereye mu kazi
Abantu bari babukereye bagiye kureba imiryango yabo
Abantu bari urujya n'uruza bajya guhaha ibyo gusangira n'ababo ku munsi mukuru
Abantu batangiye kugera mu Mujyi nka Saa Tatu
Abatangiriye umwaka mu kiliziya bari bafite akanyamuneza
Umushumba Mukuru wa ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe, yitabiriye iteraniro ry'i Nyarugenge muri ADEPR
Abizera Imana bumva ko gutangirira umwaka mu rusengero ari ingenzi
Amateraniro yo muri ADEPR Nyarugenge yabaye hubahirizwa ingamba zo kwirinda Covid-19
Byari ibyishimo ku bageze muri 2022 bari amahoro
Byari ibyishimo no gushima Imana kuri uyu munsi
Amafunguro y'ubwoko butandukanye yaguzwe mu rwego rwo kwishimira Ubunani
Amasuku ku mihanda yakozwe nk'uko bisanzwe mu Mujyi wa Kigali
Bamwe mu bazindukiye mu bucuruzi
Batezimana Jérôme yaramukiye kuri Paruwasi St Famille kwiyambaza Imana nk’umukirisitu
I Matimba bari babukereye mu kwizihiza umwaka mushya
I Nyamirambo amaduka yari yafunguye mu gitondo
Abacuruza imbuto bari mu bazindutse bajya gushakisha amafaranga ku Bunani
Abantu bazindukiye mu kazi nk'ibisanzwe i Nyamirambo
Imodoka zatwaraga abagenzi nk'uko bisanzwe nubwo muri gare ya Nyabugogo ho zabonaga umugabo zigasiba undi
Ingamba zo kwirinda Covid 19 zubahirijwe
Mu mujyi rwagati ahazwi nko kwa Rubangura mu gitondo kare nta muntu wari wakahageze
Maniraho yari aturutse mu Karere ka Gakenke yerekeza muri Ngororero ariko kuva Saa Mbiri za mu gitondo kugera Saa Tanu yari yabuze itike y'imodoka
Misa ya mbere y'umwaka wa 2022 yitabiriwe n'ab'ingeri zitandukanye
Mu masaha y'igitondo ku munsi wa mbere w'umwaka
Muri Gare ya Nyabugogo amatike yari yabuze kubera ubwinshi bw'abagenzi
Muri Nyabugogo hari abantu benshi bajya mu byerekezo bitandukanye by'igihugu
Muri gare yo mu Mujyi rwagati mu masaha ya mu gitondo nta bantu bari bagezemo

Kanda hano urebe andi mafoto menshi

Amafoto: Shumbusho Djasiri

Video: Shema Landry Bonheur


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages