00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuba mu Rwanda si igihano - Yolande Makolo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 6 May 2024 saa 11:23
Yasuwe :

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yamenyesheje abavuga ko u Bwongereza budakwiye kurwoherereza abimukira, batanga impamvu zirimo ko rudatekanye, ko kurubamo atari igihano.

Muri Kamena 2022, nyuma y’amezi abiri guverinoma z’ibihugu byombi zigiranye amasezerano yo kohereza aba bimukira, Urukiko rw’i Burayi rurinda uburenganzira bw’ikiremwamuntu (ECHR) rwahagaritse indege yiteguraga kubohereza, rusobanura ko u Rwanda rudatekanye.

Mu Ukuboza 2023, guverinoma z’ibihugu byombi zavuguruye aya masezerano, zishyiramo ingingo yemeza ko u Rwanda rutekanye. Ibi byashimangiwe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Mata 2024, bemeye ko iyi gahunda ishyirwa mu bikorwa.

Mu kiganiro n’umunyamakuru Laura Kuenssberg, Makolo yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kwakira aba bimukira, asubiza abavuga ko rudatekanye ko bibeshya, ko baba bibasira iki gihugu mu buryo bw’akarengane.

Yagize ati “Kuba mu Rwanda si igihano. Ni igihugu cyiza, gifite ikirere cyiza.”

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, tariki ya 22 Mata 2024 yatangaje ko abimukira ba mbere bazoherezwa mu Rwanda mu byumweru biri hagati ya 10 na 12 biri imbere.

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko kuba mu Rwanda atari igihano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages