00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kicukiro: Umunyeshuri w’imyaka 15 yatabaye uruhinja rwari rwatawe ku nzira

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 6 March 2022 saa 12:57
Yasuwe :

Umwana w’imyaka 15 witwa Umuhoza Isimbi Sandrine, wiga mu ishuri ribanza rya GS Karembure mu Murenge wa Gahanga, Akarere ka Kicukiro, yatabaye uruhinja rwari rwajugunywe mu mufuka rurimo kurira arufubika umupira w’imbeho yari yambaye arujyana ku kigo yigaho.

Ku wa Gatanu tariki ya 4 Werurwe 2022, nibwo Umuhoza wiga mu mwaka wa Mbere w’amashuri yisumbuye, yanyuze ahantu abona umufuka uri kunyeganyega awegereye yumva uruhinja ruri kurira.

Yahise arukuramo arushyira ubuyobozi bw’ikigo yigaho.

Uyu mwana akimara kugeza uru ruhinja mu Kigo cy’ishuri, ubuyobozi bwaryo nabwo bwahise buhamagaza ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze umwana bamujyana kwa muganga.

Umuyobozi Ushinzwe Ubuzima n’Imibereho myiza mu Karere ka Kicukiro, Karungi Rebecca, yabwiye IGIHE ko uru ruhinja rukiri mu bitaro by’i Masaka kuko rwari rufite ikibazo cyo guhumeka nabi.

Yagize ati “ Ruracyari kwa muganga barimo kurukurikirana kuko rwatoraguwe rufite ikibazo cyo guhumeka nabi.”

Yongeyeho ko Akarere ka Kicukiro kari gushakira uru ruhinja ibintu by’ibanze birimo imyambaro n’amata kugira ngo ubuzima bwarwo budahungabana, ari na ko hashakishwa umuryango warwakira ngo rwitabweho nk’abandi.

Umubikira Ushinzwe Uburezi muri GS Karembure, Sr Adeline Uwibambe, yabwiye IGIHE ko bashimishijwe n’ubumuntu umunyeshuri wabo yagaragaje.

Yagize ati “ Uwatoye uruhinja yari umwana nk’abandi nta kintu gitandukanye cyangwa cyihariye twari tumuziho gusa twaratunguwe.”

Ubusanzwe uyu munyeshuri watoye uru ruhinja abana na mukuru we.

Sr Uwibambwe yavuze ko ibyakozwe na Umuhoza ari ubutwari kuko aho yasanze urwo ruhinja, hari hanyuze abandi ntibabyitaho.

Umuhoza yafashe uruhinja yari atoraguye mu nzira arujyana ku ishuri ngo rwitabweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages