Ibi byabaye ku wa 18 Kanama 2025 mu Mudugudu wa Gitega mu Kagari ka Kawangire mu Murenge wa Rukara.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rukara, Mukaniyonsenga Lea, yabwiye IGIHE ko uyu musore yagwiriwe n’ikirombe ubwo yajyanaga n’abandi benshi gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, ikirombe kikaba ari we kigwira gusa.
Ati “Uwo musore twamenye amakuru ko yajyanye n’abandi gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, bagezeyo ikirombe kigwira uwo musore abandi bariruka baramusiga. Twabimenye nyuma rero tujya kumukuramo umurambo uhita ujyanwa ku bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma.’’
Uyu muyobozi yakomeje asaba abaturage kwirinda kujya gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko kuko biteza ibyago byinshi birimo no gufungwa. Yavuze ko kuri ubu bagiye gukaza ingamba zo gucunga umutekano ahari ibirombe kugira ngo hatagira undi muturage wajya gucukura mu buryo butemewe akagwamo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!