Ni inzu yuzuye itwaye asaga miliyoni zirindwi , ikaba ifite ibyumba bitatu, ifite igikoni, ubwiherero n’ubwogero. Yahawe kandi intebe nziza zo mu ruganiriro, ahabwa ibitanda na matela n’ibindi bikoresho by’ibanze nkenerwa byose.
Yabishyikirijwe kuwa Kane tariki ya 30 Ukuboza 2021 mu Mudugudu wa Myatano mu Kagari k’Urugarama mu Murenge wa Gahini.
Amafaranga yayubatse yatanzwe n’abakozi, andi atangwa n’abanyeshuri banabumbye amatafari banakora umuganda mu kuyubaka mu gihe kaminuza yo yagiye itanga amafaranga yo kugura ibikoresho n’ibindi bintu bikomeye.
Mukama Rebecca wahawe inzu, yashimiye ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara bamutekerejeho bakamwubakira inzu nziza irimo n’ibyangombwa byose nkenerwa abizeza ko azayifata neza.
Ati “ Byandenze ntabwo nabona uko ibyange mbibabwira gusa Imana izabahe umugisha, abanyeshuri bakoze ubuvugizi bica muri kaminuza nayo intekerezaho nayo iyimpa nta mwana wanjye wigayo nta data wacu ngirayo, nacikiye ku icumu inaha none ndashimira Imana ko ari naho nsubirijwe nkaba nubakiwe.”
Umuyobozi w’agateganyo wa Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi rya Rukara, Dr Nsanganwimana Florien, yavuze ko kubakira uyu mukecuru byatangiye ubwo hibukwagwa ku nshuro ya 27 abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Ati “ Uru ni urugero rero rw’ibintu bishoboka mu iterambere ko hari abantu tuba dukwiriye kwitaho kubera ubuzima banyuzemo bikababera imbogamizi mu kwiyitaho.”
Uyu muybozi yemereye ubuyobozi bw’Umurenge ko bazakomeza gukorana mu gukemura ibibazo bimwe na bimwe bikigaragara mu banyarwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph, yashimiye kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Rukara ryatekereje kubakira umuturage utishoboye wacitse ku icumu, avuga ko gufatanya no gushyigikirana ari umuco buri munyarwanda akwiriye kugira.
Gitifu Rukeribuga yasabye umukecuru wahawe inzu ndetse n’abandi bagenda bazihabwa, kuzifata neza bakazibungabunga zagira ibibazo bakazisana aho kurindira Leta ngo izibasanire nyamara ari akantu gato buri wese yabasha kwisanira.
Kuri ubu kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara basigaye bigisha abaturae bayituriye gusoma no kwandika, kuremera abatishoboye inka n’ibindi bikorwa bitandukanye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!