00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Bane batawe muri yombi bakekwaho ubugizi bwa nabi burimo gutega abantu

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 9 July 2025 saa 11:13
Yasuwe :

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yataye muri yombi abasore bane bo mu Kagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma, mu Karere ka Kamonyi, bakekwaho ubugizi bwa nabi burimo gutegera abantu mu nzira bakabambura.

Byabaye mu gitondo cyo ku wa 09 Nyakanga 2025, mu mukwabu Polisi yakoreye mu Mudugudu wa Rubare, hafatwa abasore bane bakurikiranweho ubugizi bwa nabi burimo gutegera abantu mu nzira bakabambura ibyo bafite.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko bafatiwe mu mukwabu Polisi yakoze ku bufatanye n’abaturage nyuma yo kuyiha amakuru.

Ati “Uyu mukwabu wakozwe ku bufatanye n’abaturage hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha. Abasore bane bawufatiwemo barakekwaho ubujura bwo gutega abantu bakabashikuza ibyabo, ubu bahise bajya gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma.”

SP Habiyaremye, yakomeje aburira uwo ari we wese utekereza guhungabanya umutekano w’abaturage akora ibyaha ko bitazamugwa amahoro, yibutsa abantu ko Polisi ihora iri maso.

Abasore bane bakekwaho ibikorwa byo gutegera abantu mu nzira bakabiba batawe muri yombi na Polisi, ibafungira i Rukoma muri Kamonyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages