00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Bane batawe muri yombi bagiye gutuburira umuturage amadolari ibihumbi 100

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 17 March 2021 saa 02:38
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yataye muri yombi abagabo bane bari bagiye guha umuturage amadolari ibihumbi 100 y’amahimbano mu Murenge wa Kayenzi.

Batawe muri yombi kuri uyu wa mbere aho Polisi yabikoze ku bufatanye n’izindi nzego. Bose uko ari bane bakomoka mu Karere ka Rusizi ariko umwe ni we uhaba, babiri batuye mu Mujyi wa Kigali naho undi aba mu Karere ka Kamonyi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko amafaranga bari bagiye guha uwo muturage yari ibipapuro birengejeho inoti.

Yavuze ko bari bafite agasanduka karimo ibipapuro bisanzwe ariko hejuru barengejeho inoti y’impimbano isa nk’amadorali ya Amerika.

Ati “Bamubwiraga ko bingana n’amadorali ya Amerika ibihumbi 100. Uriya muturage bari bamubwiye ko bamuha ayo bitaga amadorali noneho we akabaha amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 akaziyungukira agiye kuvunjisha.”

SP Kanamugire yavuze ko uwo muturage yahise abimenyesha inzego zitandukanye noneho zirakorana bahita bafatirwa mu cyuho.

Bose bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kayenzi.

Yagiriye inama abaturage yo kujya bagira amakenga y’abaza bababwira ko bashaka kubagirira neza no kubungukira, kandi bakajya bihutira kubimenyesha inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano igihe bahuye n’abantu nk’abo.

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, rivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi.

Naho umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages