Bafashwe mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira 27 Nzeri 2025, bari mu Kagari ka Bugarama, mu Murenge wa Kayenzi, ho mu Karere ka Kamonyi.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko bari babangamiye abaturage ariko bikaba bibi ku rushaho bangiza n’insinga z’amashanyari, ari na yo mpamvu batawe muri yombi ngo amategeko abibabaze.
Aba “Abafashwe bose bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Kayenzi, aho ubugenzacyaha bwatangiye iperereza.”
CIP Kamanzi yashimiye abaturage bamaze kwimakaza muri bo umuco mwiza wo gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira ibyaha bitaraba.
Yongeyeho gusaba abantu bakomeje kugira imyumvire n’imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage guhinduka bakarangwa no gukora ibikorwa byiza byubahirije amategeko, kuko nibabusanya na byo Polisi itazigera yihanganira abishora mu bikorwa bihungabanya amahoro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!