Bwagaragaje kandi ko ingo zirenga ibihumbi 52 zitunze moto, mu gihe izirenga ibihumbi 490 zitunze amagare.
Bwagaragaje ko umubare w’abatunze imodoka wiyongereye mu gihe uw’abatunze amagare wo wagabanutseho 2% ugereranyije n’imibare yo mu 2016/2017.
EICV7 igaragaza ko ko umubare munini w’abatunze imodoka zidakoreshwa mu bucuruzi ari ababa mu Mujyi wa Kigali. Bihariye 8% by’ingo zitunze imodoka zidakoreshwa mu bucuruzi mu Rwanda.
Intara y’Iburasirazuba ni yo ifite abaturage bafite amagare menshi. Ingo zitunze amagare muri iyi ntara zingana na 29.9%.
Abo mu Burasirazuba bw’u Rwanda ni na bo bafite moto nyinshi zidakoreshwa mu bucuruzi bwo gutwara abantu, kuko ingo zingana na 3% zitunze bene izo moto.
Abanyarwanda batunze ibinyabiziga bidakoreshwa mu bucuruzi ni miliyoni 3,2. Muri bo abagera kuri 1,7% ni bo batunze imodoka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!