Ishuri rikuru ry’Ubuhinzi, Ikoranabuhanga n’Uburezi rya Kibungo (INATEK) rifite icyicaro gikuru i Kibungo, ryaguye amarembo kuko ryatangiye gukorera mu karere ka Rulindo.
Ku wa Gatanu taliki 17 Gicurasi 2013, Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi, Ikoranabuhanga n’Uburezi rya Kibungo (INATEK) ryafunguye ishami mu Karere ka Rulindo, umurenge wa Bushoki, Akagari ka Gasiza, Umudugudu wa Rulindo.
Umuyobozi wa INATEK Kibungo, Dr Padiri Dominiko Karekezi yatangaje ko impamvu bazanye ishami rya INATEK i Rulindo ari uko byatewe n’ibyifuzo bya bamwe mu banyeshuri baturuka muri aka gace bageraga i Kibungo bibagoye cyane. Yagize ati “Impamvu twatekereje kuzana INATEK hano i Rulindo, iki ni icyifuzo cya bamwe mu banyeshuri bazaga i Kibungo bikabagora. Bamwe mu barezi bifuza kongera ubumenyi. Ibi byose twarabyumvishe, turabisuzuma neza tubona ko bikwiye, ubundi natwe twiga umushinga turawunonosora neza ni yo mpamvu mubona INATEK Rulindo tuyitangije kuri uyu munsi.”
Uwaje ahagarariye Minisitiri w’Uburezi, Innocent Mugisha yashimiye Ubuyobozi bwa INATEK kubera iki gikorwa bagezeho, ababwira ko ari intambwe nziza bamaze gutera ariko bagomba kwita ku ireme ry’uburezi nka gahunda ya Leta.
Umuyobozi w’ Akarere ka Rulindo Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Niwemwiza Emilienne, yashimiye cyane Ubuyobozi bwa INATEK, yabijeje ubufatanye hamwe n’akarere. Yongera kwibutsa abanyeshuri ko inshingano yabo ari ukwiga kandi bakarangwa n’ikinyabupfura. Ati “Ibi nimubyubahiriza ni byo bizatuma tubona ireme ry’uburezi twifuza.”
Umwe mu banyeshuri Nshimiyimana Oscar yadutangarije ko yishimiye kwegerezwa iyi Kaminuza, dore ko yakoreshaga amafaranga agera ku bihumbi cumi na bitanu kugira ngo agere kuri INATEK Kibungo ariko ubu azajya akoresha amafranga atarenze 500 gusa.
Abanyeshuri bifuje gutangira muri iyi kaminuza kugeza ubu akaba ari 573, harimo abiga ku manywa nijoro ndetse no mu minsi y’ibiruhuko mu mashami atandukanye.
Ishuri rikuru ry’Ubuhinzi, Ikoranabuhanga n’uburezi rya Kibungo (INATEK) ryatangiye muri Werurwe 2003 ritangirana abanyeshuri 350 ubu abari ku ntebe y’ishuri ni 4000, abamaze kurangiza ni 3000.
INATEK ifite amashami abiri, iry’uburezi n’iry’iterambere ry’icyaro. Mu ishami ry’uburezi hagabanyijemo udushami turimo ak’Ubukungu n’imari; ibirebana no kwigisha; ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe; Ubumenyi bw’Isi n’Amateka; Icyongereza n’igifaransa; Imibare n’Ubugenge; Ubutabire n’ubumenyi bw’ibinyabuzima. Mu ishami ry’iterambere ry’icyaro harimo Ubucuruzi bushingiye ku buhinzi, n’ak’Ubuhinzi bushingiye ku ikorabuhanga.
Ishami rya INATEK Rulindo rikazatanga amasomo ajyanye n’Uburezi gusa na ho arebana n’Iterambere ry’icyaro akazaguma i Kibungo honyine.



















TANGA IGITEKEREZO