Ubwo yageraga mu Mujyi wa Conakry muri Guinea mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yakirijwe yombi na Perezida Alpha Conde, maze abaturage mu mihanda yo muri uwo mujyi bamukomera amashyi bazamura amabendera y’u Rwanda.
Perezida Kagame na mugenzi we bakoze urugendo rutari ruto bagenda n’amaguru basuhuza abaturage bari mu nkengero z’umuhanda muri uyu Mujyi.
Umukuru w’Igihugu yageze muri Guinea Conakry kuri uyu wa Kabiri mu ruzinduko rwe rw’iminsi ibiri. Mu murwa Mukuru w’iki gihugu hazamuwe amabendera y’u Rwanda ndetse ku byapa bimanikwaho amatangazo, harimo amafoto ye.
Repubulika ya Guinea ni igihugu giherereye mu Burengerazuba bwa Afurika, Umurwa mukuru wayo ni Conakry. Abaturage b’iki gihugu bajya kungana n’ab’u Rwanda kuko mu 2013 bari miliyoni 11,75.
Uru rugendo muri iki gihugu rurasiga hashyizwe umukono ku masezerano agaragaza imirongo migari igize ubufatanye, ajyanye na serivisi, n’ ayo kubona impapuro z’inzira hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.



















TANGA IGITEKEREZO