Padiri Ubald yitabye Imana ku wa 8 Mutarama 2021, azize indwara y’ibihaha yatewe n’ingaruka za Covid-19. Yaguye mu Bitaro bya Kaminuza ya Utah mu Mujyi wa Salt Lake muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umushumba wa Diyoseze ya Cyangungu, Musenyeri Hakizimana Célestin, yabwiye IGIHE ko umurambo wa Padiri Ubald uzagezwa mu Rwanda hagahita hakorwa igitambo cya misa cyo kumusezeraho muri Paruwasi Regina Pacis i Remera mu Mujyi wa Kigali.
Iki gitambo cya misa cyo gusezera kuri Padiri Ubald giteganyijwe ku wa Mbere tariki 1 Werurwe naho umuhango wo kumushyingura mu cyubahiro uteganyiwe tariki 2 Werurwe 2020, i Rusizi ku gasozi kazwi nko ku Ibanga ry’Amahoro.
Padiri Rugirangoga Ubald yatangirije ibikorwa by’isanamitima n’ubwiyunge muri Paruwasi Gatolika ya Mushaka mu Karere ka Rusizi. Ibikorwa yaje guhererwa Umudali w’Umurinzi w’Igihango mu 2015.
Padiri Ubald asigiye Abakristu n’Abanyarwanda muri rusange umurage by’umwihariko abinyujije mu gitabo yeherukaga kwandika cyitwa “Forgiveness Makes You Free” kigamije gufasha Abanyarwanda gukomeza urugendo rw’ubwiyunge.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!