00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hashyizwe ibuye fatizo ahazubakwa amacumbi y’abimukira bazava mu Bwongereza

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 19 March 2023 saa 02:51
Yasuwe :

Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman, uri mu ruzinduko mu Rwanda ari kumwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Nsabimana Erneste bashyize ibuye fatizo ahagiye kubakwa amacumbi azacumbikira abimukira bazoherezwa n’u Bwongereza mu Rwanda.

Ni inyubako biteganyijwe ko zizatwara miliyari 60 Frw aho hagiye kubakwa inzu 528 zikazuzura mu gihe cy’amezi atandatu, i Gahanga mu karere ka Kicukiro.

Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano yemerera u Bwongereza kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro binjiye muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije amategeko nubwo kuri ubu atarashyirwa mu bikorwa.

Minisitiri Suella Braverman, yavuze ko mu kwezi gutaha, hategerejwe umwanzuro wa nyuma w’Urukiko rw’Ubujurire, nyuma y’aho hakazangira gushyirwa mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ibihugu byombi byasinyanye.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo mu Rwanda Dr Nsabimana Ernest yavuze ari umushinga uzubakwamo inzu 1500 ariko ku ikubitiro hakaba hagiye kubakwa inzu 538.

Ati “Ni ukureba ubushobozi dufite bwo kwakira aba bantu, akaba ari umushinga munini uzajya kuri hegitare hafi 12 ariko tugiye gutangirira ku nzu 528 zizajya kuri hegitare zirenze zirindwi.”

Usibye amazu harimo ibindi bikorwa birimo ibikorwaremezo nk’imihanda, amashanyarazi, amazi, ibikorwa by’ikoranabuhanga, amashuri, ibibuga byo gukoreraho imyitozo, isoko ndetse n’ibindi.

Kugeza ubu ni umushinga ufite agaciro kagera kuri miliyari 60 Frw cyane ko uzaba ari umushinga munini uzatuma abazabamo babaho neza.

Biteganyijwe ko izo nzu zizubakwa zizaba zifite uburyo bwo kubungabunga ibidukikije nk’intego u Rwanda rwihaye mu cyerekezo cyo kurengera ibidukikije.

Minisitiri Nsabimana yagaragaje ko inzu nizuzura ababishinzwe bazatangira gufasha abazatuzwamo.

Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman, yashimye ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda buri kugaragaza ubudasa n’imbaraga zidasanzwe mu gufasha abimukira ndetse n’iterambere muri rusange.

Ati “Iyi ni intambwe ikomeye itewe, ndifuza kubashimira kubera ubuyobozi bwanyu bwiza no guteza imbere uguhanga udushya. Uyu mushinga ugiye gukorerwa i Gahanga werekana ko u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushobozi bwo kwakira impunzi no gutanga ubufasha ku kiremwa muntu.”

Yagaragaje ko kandi uyu mushinga w’ubwubatsi ushimangira neza urwego ruteye imbere rw’ubwubatsi mu Rwanda.

Yashimangiye ko izi nyubako zizubakwa zizaba zifite ubushobozi bwo kwakira imiryango inyuranye, harimo kandi n’irerero ry’abana bato.

Uretse igikorwa cyo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa izi nzu zizatuzwamo abimukira bazaturuka mu Bwongereza, Minisitiri Suella Braverman, yasuye ibikorwa bitandukanye birimo Car Free zone, ikibuga mpuzamahanga cya Cricket ndetse na Kaminuza ya Kepler.

Uruzinduko rwa Braverman mu Rwanda rwari rugamije gushimangira amasezerano yasinywe mu mwaka ushize, agena ko u Rwanda ruzajya rwakira abimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Aba bimukira nibagera mu Rwanda, bazahabwa ubushobozi bubafasha kuba bakwitunga, bajye mu mashuri ku buryo babona ubumenyi bubafasha kwitunga no gutanga umusanzu ku iterambere ry’igihugu.

U Bwongereza bumaze igihe bufite umubare munini w’abimukira binjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Umwaka ushize, abimukira ibihumbi 45 binjiye mu Bwongereza bifashishije ubwato buto.

Guverinoma y’u Bwongereza ivuga ko ikoresha asaga miliyari 2,4$ mu kubacumbikira.

Minisitiri Suella Braverman, Dr Nsabimana na Meya w'Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa ubwo bashyiraga ibuye ry'ifatizo ahazubakwa izi nzu
Iyi nyubako izaba ifite ibyumba bisaga 500
Babanje gusobanurirwa iby'uyu mushinga ugamije gufasha kubona amacumbi azabamo abimukira bazaturuka mu Bwongereza
Suella Braverman yijeje ku mu kwezi gutaha ibibazo by'amategeko biri mu kohereza abimukira mu Rwanda, bizaba byakemutse
Suella Braverman yavuze ko uyu mushinga ari intangiriro yo guhangana n'ikibazo cy'abimukira hirya no hino ku Isi

Amafoto: Yuhi Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages