00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gikondo: Imodoka yagonze Camera yo ku muhanda irayangiza

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 11 January 2022 saa 04:46
Yasuwe :

Mu muhanda uva mu Karere ka Kicukiro ugana rwagati mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka ya Toyota Land Cruiser, yataye umuhanda ikagonga Camera yo ku muhanda izwi nka Sofia ishinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’amategeko y’umuhanda.

Iyi mpanuka yabereye ahazwi nka Camp Zaïre ahagana saa cyenda z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mutarama 2022.

Umuvugizi wa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere René, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yatewe n’uko umushoferi yataye umuhanda anashimangira ko nta muntu yahitanye.

Yagize ati “ Impanuka yabereye hagati y’aho ISCO yubatse ugana Rwandex noneho imodoka icaho irayigonga ariko ni impanuka isanzwe.”

Yakomeje avuga ko iyi mpanuka nta muntu yahitanye anashimangira ko Camera yangiritse izishyurwa n’ubwishingizi nk’uko bwishyura ibyo impanuka zangije.

Yongeyeho ko bategereje ko idosiye ikorwa igashyikirizwa sosiyete y’ubwishingizi kugira ngo izayishyure.

Kuva mu 2019 izi camera zishyirwa mu mihanda, Polisi igaragaza ko zagiye zifasha mu kugabanya impanuka.

Mu 2019 hapfuye abantu 739 bazize impanuka, bigeze mu 2020 baba 687 mu gihe mu 2021 bari 548.

Iyi camera yangiritse ku buryo hagiye kwitabazwa ikigo cy'ubwishingizi kugira ngo isimbuzwe
Imodoka yakoze impanuka yahise ipakirwa
Iyi mpanuka uretse camera, nta kindi yangije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages