00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Umugabo yapfuye amanitse mu mugozi nyuma y’amakimbirane n’umugore we

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 1 May 2024 saa 12:58
Yasuwe :

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi witwa Kabagema Eric w’imyaka 54, yasanzwe mu cyumba cye yiyahuye akoresheje umugozi nyuma y’uko yari amaze kugirana amakimbirane n’umugore we.

Uyu mugabo Kabageme yiyahuye ku wa Kabiri tariki ya 30 Mata 2024.

Umunyamabanga Nshingwbaikorwa w’agatenganyo w’umurenge wa Muko, Kalisa Claudien, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yiyahuye nyuma yo kugirana amakimbirane n’umugore we.

Yavuze ko umugore we yagiye kumurega ku Rwego rw’Ubugenzacyaha RIB agarutse asanga yimanitse mu mugozi.

Ati “ Umugore uko yatubwiye ko bagiranye amakimbirane agiye kumurega kuri RIB agarutse asanga yiyahuye, ari mu mugozi mu cyumba.”

Yakomeje avuga ko uyu mugabo yari afitanye abana babiri n’umugore we ndetse babanaga mu buryo bwemewe n’amategeko.

Nyuma y’uko uyu mugabo yiyahuye umurambo we wahise ujyanwa ku Bitaro bya Byumba.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages