00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi agiye gushyingurwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 March 2023 saa 07:23
Yasuwe :

Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi witabye Imana tariki 6 Werurwe 2023, azize uburwayi azashyingurwa kuwa Kane w’iki cyumweru.

Amakuru avuga ko imihango ijyanye no kumusezerano no kumushyingura izaba ku wa Kane tariki 16 Werurwe 2023 .

Umubiri we wagejejwe mu Rwanda tariki 12 Werurwe, aho ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe wakiriwe n’abarimo Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Albert Murasira, abasirikare bakuru muri RDF n’umuryango we.

Gen (Rtd) Gatsinzi yakoze inshingano zitandukanye mu ngabo z’u Rwanda zirimo izo kuba Umugaba wungirije w’Ingabo zirwanira ku Butaka, ndetse yayoboye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza, NISS.

Mu 2004 ni bwo Gatsinzi yagizwe General, aba umusirikare wa mbere wabonye iri peti. Yabaye Minisitiri w’Ingabo guhera 2002 kugeza 2010.

Nyuma y’imyaka irindwi n’amezi atandatu muri iyi minisiteri, yagizwe Minisitiri w’Impunzi n’Ibiza hagati ya 2010 na 2013.

Mu Ukwakira 2013 ni bwo Gen Gatsinzi Marcel yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Icyo gihe yari kumwe n’abandi bajenerali batanu.

Inkuru wasoma: Umubiri wa Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi wagejejwe mu Rwanda


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages