Ibi ni yo mpamvu Banki y’Ubucuruzi ya Ecobank Rwanda, yashyizeho inguzanyo zo kugura inzu, aho zihabwa abakiliya bahembwa umushahara ku kwezi n’abamaze nibura imyaka itanu bakora ubucuruzi bwabo bwite bubanditseho.
Ikindi kandi ni uko iyo umukiliya afite indi nguzanyo y’inzu ahandi, Ecobank Rwanda iyimugurira, byaba ngombwa ikamwongereraho n’andi mafaranga.
Uwamaze gufata inguzanyo y’inzu afite umushahara uhoraho, yishyura mu gihe kitarenze imyaka 15, naho ufite inguzanyo y’ubucuruzi bumwanditseho yishyura mu gihe cy’imyaka itanu.
Muri iyi myaka yo kwishyura, uwafashe inguzanyo atanga inyungu fatizo ingana na 16% ku mwaka.
Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho no Kumenyekanisha Ibikorwa muri Ecobank Rwanda, Mana Desire, yavuze ko bashyizeho iyi nguzanyo bagamije gukura abakiliya babo mu bukode.
Ati “Iyi nguzanyo yashyizweho kugira ngo dufashe Abaturarwanda gutunga inzu zabo bwite bakava mu bukode.”
Kugeza ubu Ecobank ikorera mu bihugu 33 by’Afurika birimo u Rwanda,Uganda, u Burundi, Kenya, Tanzania, Guinea-Bissau, Sierra Leone, Liberia, Côte d’Ivoire, Burkina Faso, Ghana, Togo, Bénin, Niger, Nigeria, Cameroun, Chad, Guinée équatoriale na Sao Tomé-et-Principe.
Iyi banki kandi ikorera muri Gabon, Congo Brazzaville, Centrafrique, Sudani y’Epfo, RDC, Sénégal, Zambia, Malawi, Zimbabwe, Cape Vert, Guinea, Mali, Gambia na Mozambique.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!