00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dutembere Ikigo cy’Ubutore cya Nkumba kigiye kwakira icyiciro cya 15 cy’Itorero Indangamirwa

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 12 June 2025 saa 10:22
Yasuwe :

Mu rwego rwo kwitegura icyiciro cya 15 cy’Itorero Indangamirwa, Ikigo cy’Ubutore cya Nkumba kiri kuvugururwa kugira ngo kirusheho kugaragara neza, bityo n’abagitorezwamo barusheho kucyishimira no kuhagirira ibihe byiza.

Imirimo yo kukivugurura iragana ku musozo, ku buryo kizakira iri torero ku itariki 1 Nyakanga, 2025, gifite ibikoresho byiza kurushaho kandi gisa neza.

Ibice byose by’ingenzi by’iki kigo biri kuvugururwa ndetse ibya mbere byararangiye, aho bitegereje kwakira intore y’iki cyiciro.

Umuyobozi ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Marie Alice Kayumba Uwera, yatangaje ko iyi mirimo yo kuvugurura iki kigo ntacyo izahindura kuri gahunda yari isanzwe ihari.

Uyu muyobozi yahamirije IGIHE ko imirimo iri gukorwa ari ijyanye n’amasuku kandi ko itazagira icyo ibangamira kuri gahunda yari iteganyijwe yo kwakira abazitabira itorero uyu mwaka.

Ati “Ntabwo tuvugurura twagura kugira ngo twongere ikigo, urebye imirimo turi gukora ni iy’amasuku kandi biteganyijwe ko izarangirana n’icyumweru gitaha.”

Batangaje ko imirimo yo kuvugurura ikigo iba mu byiciro kandi igikomeje ariko ntacyo izahindura kuko ibyo bari gukora ubu ari amasuku. Iyi mirimo izarangira muri iki cyumweru, aho bemeje ko gahunda yo kwakira abazitabira itorero ikomeje ndetse iry’uyu mwaka biteganyijwe ko rizatangira tariki 1 Nyakanga 2025.

Ikigo cy’Ubutore cya Nkumba giherereye mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda, hakaba hatorezwamo abantu b’ingeri zitandukanye barimo urubyiruko, abakozi n’abayobozi bo mu bigo bya leta n’abandi.

Inyubako y'Ikigo cy’Ubutore cya Nkumba yahawe isura nshya
Iyi nyubako yatewe amarangi mashya
Icyumba cyakira inama cyarateguwe neza
Mu Marembo y'Ikigo cy’Ubutore cya Nkumba yaravuguruwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages