Nubwo hakibarurwa ibyangijwe n’ibi biza, mu bimaze kumenyekana ni umuntu wahitanywe nabyo, imyaka yiganjemo ibishyimbo n’ibirayi byari ku buso bwa hegitari eshanu, intama eshatu n’inkoko 20 zapfuye, ibiraro bibiri n’umuhanda Gahunga-Kinigi byangiritse n’inzu z’abaturage n’ibizirimo bitaramenyekana kuko bikibarurwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwangirigira Marie Chantal, yavuze ko usibye nyakwigendera wahitanywe n’ibi biza, bakiri gukusanya ibyangijwe n’iyi mvura.
Yagize ati "Ni imvura yaguye muri iri joro noneho amazi aba menshi yiroha mu mirima y’abaturage yangiza ibihingwa byabo, inzu, amatungo n’umuhanda Gisizi werekeza Kinigi wacitse. Kugeza ubu hari n’umuntu tumaze kumenya ko yahitanywe nayo ari naho turi kwerekeza ubu. Ntituramenya neza ibyangiritse byose kuko turacyakusanya amakuru yabyo.”
Habanabakize Alphonse wahitanywe n’ibi biza yari atuye mu Mudugudu wa Rusenyi, Akagari ka Kidakama, Umurenge wa Gahunga mu Karere ka Burera.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!