Bulldogg yashyizwe mu bahanzi bazaririmba muri ibi bitaramo nyuma y’uko Kevin Kade yasimbuye ashyizwe ku rutonde rw’abazaririmba mu gitaramo cya ’Rwanda Convention’ kizaba ku wa 4 Nyakanga 2025 muri Amerika.
Iki kikaba ari nacyo gihe ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bizatangira kuzenguruka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, cyane ko icya mbere kizaba ku wa 5 Nyakanga 2025.
Bulldogg azafatanya n’abandi bahanzi barimo King James, Riderman, Ariel Wayz, Kivumbi King, Juno Kizigenza na Nel Ngabo.
Ibi bitaramo bizatangirira i Musanze ku wa 5 Nyakanga 2025, bikomereze i Gicumbi ku wa 12 Nyakanga 2025, ku wa 19 Nyakanga 2025 bikazakomereza mu Karere ka Nyagatare.
Ku wa 26 Nyakanga 2025 bizabera i Ngoma, ku wa 2 Kanama 2025 bibere i Huye, i Rusizi bihagere ku wa 9 Kanama 2025 naho ku wa 16 Kanama 2025 bibere i Rubavu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!